00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pologne yahaye gasopo Zelensky wayifatiye ku gahanga muri Loni

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 24 September 2023 saa 12:48
Yasuwe :

Pologne yahaye gasopo Perezida wa Ukraine, Vladimir Zelensky wayinenze mu Nteko rusange ya Loni, bitewe n’ibibazo ibihugu byombi bifitanye bijyanye n’ubucuruzi bw’ingano.

Pologne imaze igihe yarakumiriye ingano ziva muri Ukraine, mu rwego rwo guteza imbere abahinzi b’ingano b’imbere mu gihugu.

Byarakaje Ukraine kuko ibifata nko kuyisonga no kwifatanya n’ibihugu bidashaka ko izamura umutwe muri ibi bihe ihanganye mu ntambara n’u Burusiya.

Mu nteko rusange ya Loni iherutse, Zelensky yifatiye ku gahanga Pologne, avuga ko icyo gihugu cyabakubiranye n’ibyago barimo, aho kwifatanya nabo kikabasonga.

Minisitiri w’Intebe wa Pologne, Mateusz Morawiecki yagaragaje ko amagambo ya Zelensky yabarakaje ndetse aganga gasopo.

Ati “Ndashaka gusaba Perezida Zelensky kutazongera gutuka Pologne nkuko yabigenje mu ijambo yavugiye muri Loni. Ntabwo abaturage ba Pologne bazabyihanganira kandi guharanira icyubahiro cya Pologne si inshingano zanjye gusa, ni umukoro wa Guverinoma yose.”

Ukraine yajyanye Pologne mu muryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (WTO) ivuga ko ibyo icyo gihugu cyakoze gikumira ingano, bibangamiye ubucuruzi.

Ni amakimbirane ateye inkeke kuko Pologne ari igihugu cy’ingenzi kuri Ukraine dore ko intwaro zose Ukraine ihabwa n’amahanga mu ntambara irimo n’u Burusiya, zibikwa muri Pologne. Ni nacyo gihugu ingabo za Ukraine zitorezamo.

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda yavuze ko Ukraine imeze nk’umuntu uri kurohama ushaka gupfana n’abaje kumurohora.

Minisitiri w’Intebe wa Pologne, Mateusz Morawiecki yagaragaje ko amagambo ya Zelensky yabarakaje ndetse aganga gasopo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages