Harry n’umugore we Meghan Markle bagiye gutura muri Amerika mu 2020, bavuye mu Bwongereza.
Umuryango The Heritage Foundation watanze ikirego usaba ko hasuzumwa niba Leta ya Amerika itirengagije amategeko ubwo yemereraga Harry viza yo gutura muri icyo gihugu.
Ntabwo umuntu ukoresha ibiyobyabwenge wemerewe viza nk’iyo ku butaka bwa Amerika. Urubanza kuri iyi ngingo ruteganyijwe mu cyumweru gitaha tariki 6 Kamena nkuko CNN yabitangaje.
Uwo muryango wasabye ko amakuru Harry yatanze asaba viza ya Amerika ashyirwa ku karubanda kugira ngo hasuzumwe ko atabeshye inzego zibishinzwe, kuko iyo avuga ko yakoresheje ibiyobyabwenge nta viza yari guhabwa.
Nyamara mu gitabo yasohoye mu ntangiriro z’uyu mwaka yise ‘Spare’, Harry yavuze ko yigeze gukoresha ibiyobyabwenge akiri ingimbi ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye.
Icyakora ubushinjacyaha bwa Amerika bwateye utwatsi abasaba ko inyandiko za Harry asaba viza zishyirwa hanze, kuko atigeze atanga ubwo burenganzira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!