00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Putin ategerejwe muri Koreya ya Ruguru, nyuma y’imyaka 24 atahakandagira

Yanditswe na Innocent Dushimimana
Kuya 18 June 2024 saa 11:39
Yasuwe :

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kamena 2024, Perezida Vladimir Putin ategerejwe muri Koreya ya Ruguru mu Murwa mukuru Pyongyang, aho agiye guhura na Perezida w’iki Gihugu, Kim Jong Un mu biganiro by’imikoranire hagati y’ibihugu byombi.

Putin yaherukaga muri Koreya ya Ruguru mu 2000, gusa aba bayobozi bombi bahuriye mu Burusiya muri Nzeri mu 2023.

Inyandiko yasohowe n’ibinyamakuru byo muri Koreya ya Ruguru, igaragaza ko Putin yasezeranyije iki gihugu gukorana mu bucuruzi ndetse no mu bijyanye n’umutekano.

Putin yahisemo gufasha iki gihugu kugira ngo abafashe guhangana n’icyitwa igitutu cya Amerika, amakuru y’ibihuha ndetse n’ibitero bibagabwaho.

Putin utegerejwe muri Koreya ya Ruguru, byitezwe ko aza kwitabira umutambagiro wo kuramya no guhimbaza arahuriramo na Kim mu rusengero rw’aba-Orthodox.

Perezida kim yari aherutse gutangaza ko imikoranire ya Koreya n’u Burusiya itazigera ihagarara n’ubwo Amerika yo yari yavuze ko ishaka kuyishyiraho akadomo.

Nyuma y’uru ruzinduko, Perezida Putin byitezwe ko azanasura Vietnam.

Perezida Kim Jong Un na Vladimir Putin baraganira ku mikoranire y’ibihugu byombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages