Mu ijambo Putin yagejeje ku bayobozi n’abahagarariye abaturage mu Burusiya kuri uyu wa 29 Gashyantare 2024, yavuze ko ibi bihugu byasenye Ukraine, bikoresha ubuyobozi bwayo uko bishatse.
Ati “Uburengerazuba bufite imyitwarire ya gikoloni, busanzwe bubiba amakimbirane hirya no hino ku Isi. Bufite umugambi urenze uwo guhagarika iterambere ryacu. Mu mwanya w’u Burusiya, barashaka ko ahantu hatigenga, humagara, hagapfa kugira ngo bahakoreshe icyo bashaka.”
Nk’uko ikinyamakuru RT cy’Abarusiya cyabitangaje, Putin yavuze ko gusenya u Burusiya bitazashoboka kuko ubumwe bw’Abarusiya butatuma bemera ko biba.
Ati “Nta we tuzemerera kwinjira mu birebana n’ubuzima bwacu.”
Hari umwuka mubi mu mubano w’u Burusiya n’ibi bihugu bitewe n’ubufasha biha Ukraine kuva muri Gashyantare 2022 ubwo yinjiraga mu ntambara.
Putin yaburiye ibi bihugu, abimenyesha ko gufasha Ukraine ari ukwinjira muri iyi ntambara byeruye. Yateguje ko ishobora kwagukira mu bindi bihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!