Nyuma y’icyo kiganiro kuri telefone, Trump yahise yandika ku rubuga rwe rwa Truth Social, avuga uko byagenze.
Ati "Perezida Putin yampamagaye muri iki gitondo kugira ngo anyifurize mu buryo bwiza isabukuru nziza y’amavuko, ariko icy’ingenzi, twavuze ku bya Iran, igihugu azi neza. Twavuganye umwanya munini."
Abakuru b’ibihugu bombi baganiriye umwanya utari muto, bagaruka no ku ntambara yo muri Ukraine, avuga ko ibyo bazanabigarukaho mu cyumweru gitaha.
Trump yongeyeho ati "Ikiganiro cyamaze nk’isaha. yumva ko, kimwe nanjye, iyi ntambara ya Israel na Iran igomba guhagarara, ibyatumye mpita mubwira ko n’iye na we igomba guhagarara na yo."



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!