00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abantu 39 bashimuswe n’inyeshyamba mu cyumweru kimwe

Yanditswe na David Eugène Marshall
Kuya 1 September 2018 saa 06:39
Yasuwe :

Abantu bagera kuri 39 bashimuswe mu cyumweru kimwe n’abantu bikekwa ko ari inyeshyamba za LRA (Lord Resistance Army), mu mudugudu wa Sili mu gace ka Ango ho mu Ntara ya Bas-Uele.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, muri abo bose, 18 bashimuswe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Kanama mu gace ka Banda, mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro kuri uwo mudugudu.

Mu bashimuswe harimo abana bato, abakuru ndetse n’abashumba.

Iki gitero cyakurikiwe no gushimuta abantu, cyabaye nyuma y’ishimutwa ry’abandi bantu 21 barimo abagabo 14 n’abagore barindwi.

Imiryango itari iya leta yatangaje ko mu bantu bashimuswe, 13 baje kurekurwa nyuma barimo aborozi. Gusa abana batanu barimo babiri b’abakobwa, baracyari mu maboko y’izi nyeshyamba.

Bivugwa kandi ko izo nyeshyamba zishimuta abantu zifite intwaro ziremereye ndetse ko ku wa 26 Kanama zahitanye abapolisi babiri zikanashimuta abandi baturage 28 muri ako gace.

Umuyobozi w’agace ka Ango yatangarije Radiyo Okapi ati ‘iri shimutwa ry’abatuye Bas-Uele rikomeje gukura umutima abaturage’, agasaba ko babona ubutabazi bw’ingabo za Congo muri ako gace gahana imbibi na Repubulika ya Centrafrique.

Bivugwa ko inyeshyamba za Joseph Kony (wicaye hagati) ari zo zikomeje gushimuta aba baturage

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages