Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, muri abo bose, 18 bashimuswe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Kanama mu gace ka Banda, mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro kuri uwo mudugudu.
Mu bashimuswe harimo abana bato, abakuru ndetse n’abashumba.
Iki gitero cyakurikiwe no gushimuta abantu, cyabaye nyuma y’ishimutwa ry’abandi bantu 21 barimo abagabo 14 n’abagore barindwi.
Imiryango itari iya leta yatangaje ko mu bantu bashimuswe, 13 baje kurekurwa nyuma barimo aborozi. Gusa abana batanu barimo babiri b’abakobwa, baracyari mu maboko y’izi nyeshyamba.
Bivugwa kandi ko izo nyeshyamba zishimuta abantu zifite intwaro ziremereye ndetse ko ku wa 26 Kanama zahitanye abapolisi babiri zikanashimuta abandi baturage 28 muri ako gace.
Umuyobozi w’agace ka Ango yatangarije Radiyo Okapi ati ‘iri shimutwa ry’abatuye Bas-Uele rikomeje gukura umutima abaturage’, agasaba ko babona ubutabazi bw’ingabo za Congo muri ako gace gahana imbibi na Repubulika ya Centrafrique.



















TANGA IGITEKEREZO