00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Umujyanama wa Tshisekedi yavuye muri gereza yakirizwa amashusho yafashwe asambana

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 25 July 2023 saa 09:03
Yasuwe :

Fortunat Biselele wahoze ari umujyanama wa Perezida Felix Tshisekedi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarekuwe by’agateganyo nyuma y’amezi asaga atandatu afunzwe ashinjwa kugambanira igihugu.

Biselele wafunguwe by’agateganyo mu mpera z’icyumweru gishize, yakiriwe n’amashusho y’urukozasoni amugaragaza asambana n’abagore batandukanye, bikekwa ko yashyizwe hanze n’abakora mu rwego rw’ipererereza bayakuye muri telefone ye bari barafatiriye.

Uruhande rwa Leta ntiruragira icyo ruvuga ku kujya hanze kw’amashusho y’ubusambanyi ya Biselele, icyakora hari imwe mu miryango yatangiye gusaba ko hakorwa iperereza mu bashinzwe iperereza, kugira ngo hamenyekane uwashyize ayo mashusho hanze.

Ibinyamakuru byo muri RDC byatangaje ko bishobora kuba byarakozwe ngo bahindanye isura ye, ku buryo adashobora guhirahira yongera gutekereza politiki.

Biselele wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi, yafunzwe muri Mutarama uyu mwaka nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru Alain Foka, akagaragaza ko ari we wagize uruhare mu guhuza Tshisekedi n’u Rwanda akijya ku butegetsi, ngo rumufashe mu nzira y’iterambere.

Biselele yarekuwe tariki 24 Nyakanga, asanganirwa n'amashusho y'urukozasoni amugaragaza asambana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages