Biselele wafunguwe by’agateganyo mu mpera z’icyumweru gishize, yakiriwe n’amashusho y’urukozasoni amugaragaza asambana n’abagore batandukanye, bikekwa ko yashyizwe hanze n’abakora mu rwego rw’ipererereza bayakuye muri telefone ye bari barafatiriye.
Uruhande rwa Leta ntiruragira icyo ruvuga ku kujya hanze kw’amashusho y’ubusambanyi ya Biselele, icyakora hari imwe mu miryango yatangiye gusaba ko hakorwa iperereza mu bashinzwe iperereza, kugira ngo hamenyekane uwashyize ayo mashusho hanze.
Ibinyamakuru byo muri RDC byatangaje ko bishobora kuba byarakozwe ngo bahindanye isura ye, ku buryo adashobora guhirahira yongera gutekereza politiki.
Biselele wahoze ari inkoramutima ya Tshisekedi, yafunzwe muri Mutarama uyu mwaka nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umunyamakuru Alain Foka, akagaragaza ko ari we wagize uruhare mu guhuza Tshisekedi n’u Rwanda akijya ku butegetsi, ngo rumufashe mu nzira y’iterambere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!