00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC yanze ko indorerezi za EAC zijya gukurikirana amatora

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 December 2023 saa 08:07
Yasuwe :

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, RDC, bwangiye umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kohereza i Kinshasa indorerezi zo kugenzura uko amatora rusange yo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2023 azagenda.

Ni amakuru yemejwe n’ishami rishinzwe itumanaho mu biro by’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mutuku Mathuki, habura amasaha make kugira ngo amatora yo muri RDC abe.

EAC yamenyesheje ibihugu biwugize n’abafatanyabikorwa ko yari yiteguye kohereza indorerezi mu matora yo muri RDC ariko ko ubutegetsi bw’iki gihugu butigeze bwemera ubusabe bw’uyu muryango.

Iti “Tumenyesheje ibihugu bigize EAC, abafatanyabikorwa mu iterambere n’abandi ko itazahagararirwa muri RDC mu igenzurwa ry’amatora rusange yaho. Byatewe n’uko n’ubwo EAC yari yiteguye, ubusabe bwo gukora iyi nshingano ntabwo bwemewe n’ubuyobozi bubifitiye ububasha.”

Ubusanzwe mu nshingano EAC ifite kuva yashingwa, harimo kohereza indorerezi mu bihugu biyigize, mu gihe cy’amatora, hagamije kureba imigendekere yayo.

Muri RDC ntibishobotse, mu gihe umwuka utari mwiza hagati y’iki gihugu na bimwe mu bigize uyu muryango; bitewe n’intambara ya M23 imaze imyaka ibiri.

Uku kutishimira EAC kwatumye Perezida wa RDC uri mu bakandida biyamamaza, Félix Tshisekedi, asaba ko ingabo uwo muryango wari warohereje guhosha intambara ziva mu gihugu cyabo, zibishyira mu bikorwa guhera tariki ya 3 kugeza ku ya 15 Ukuboza 2023.

Umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) na wo mu kwezi gushize watangaje ko utacyohereje indorerezi muri RDC bitewe n’ibibazo tekiniki. Ubutegetsi bw’iki gihugu bwagaragaje ko iki cyemezo cyabubabaje.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages