00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rurageretse hagati ya Papa Léon XIV na Trump kubera intambara ya Iran

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 13 April 2026 saa 03:45
Yasuwe :

Papa Léon XIV yagaragaje ko adatinya ubutegetsi bwa Perezida wa Amerika, Donald Trump wavuze ko umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi nta bushobozi afite mu bijyanye na dipolomasi.

Yabivuze nyuma y’uko Perezida Donald Trump yanyujije ubutumwa ku rubuga rwe rwa Truth Social aho yamaganye imyumvire ye ku ntambara ya Iran.

Trump yavuze ko adashyigikiye Papa Léon XIV kubera imyumvire ye yo kutifuza ko Amerika igaba ibitero kuri Iran nyamara yo yifuza gutunga intwaro za nucleaire.

Ubwo Papa Léon XIV yerekezaga muri Algeria yabwiye abanyamakuru ko adashaka guterana amagambo na Perezida Trump gusa avuga ko azakomeza kurwanya intambara iki gihugu gikomeje kwishoramo.

Papa Léon XIV yakunze kugaragaza ko adashyigikiye intambara ya Amerika muri Iran avuga ko ibyo Trump ari gukora atari byo ndetse ko akwiriye gushaka uko ayihagarika.

Ubundi ntabwo bimenyerewe kubona Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi anenga abayobozi batandukanye bo ku Isi kubera ibyo bakora.

Imibare igaragaza ko muri Amerika habarizwa abakristu Gatolika barenga miliyoni 70, bakaba bangana na 20% by’abatuye iki gihugu.

Papa Leon XVI wibasiswe na Trump adatewe ubwoba n'ubutegetsi bwa Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages