00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuyobozi wa NATO yavuze ko u Burayi butabaho nta Amerika

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 27 January 2026 saa 04:58
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa NATO, Mark Rutte, yavuze ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU),utashobora kwirwanaho mu gihe utunganiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Rutte yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ya EU ko Amerika idahari, ibihugu by’u Burayi byagombaga gushyira mu gisirikare arenga 10% by’umusaruro mbumbe kandi ko na byo bitari kuba bihagije.

Avuze ibi mu gihe abayobozi b’u Burayi bakomeje kugaragaza ko EU igomba kwigenga aho guhora iteze amaboko kuri Amerika.

Nko muri Mutarama 2026, Komiseri ushinzwe igisirikare muri EU, Andrius Kubilius, yavuze ko EU ikeneye ingabo ibihumbi 100 kugira ngo ibashe kwirengera.

Ni amagambo Rutte atemeranya nayo, ati “Niba hari umuntu utekereza ko EU ishobora kwirwanaho idafite Amerika, uwo nakomeze yibere mu nzozi.”

Yibukije abatekereza uko ko niba hari abashaka ko EU yigenga bagomba kwibuka ko ibihugu bishora 5% by’umusaruro mbumbe mu gisirikare, kandi ko ayo mafaranga ari make cyane.

Yavuze ko EU kugira ngo yigenge, yagakubye uwo mubare inshuro ebyiri kandi igashora mu bijyanye n’ubushobozi bwa nucléaire nubwo “na bwo busaba za miliyari z’Amayero.”

Ati “Kugenda wenyine bisobanuye gutsindwa.”

Mu 2025 mu nama yabereye i La Haye mu Buholandi, abanyamuryango ba NATO basabwe ko bagomba gushora 5% by’umusaruro mbumbe w’igihugu mu gisirikare. Ni ubusabe bwanatanzwe mbere na Donald Trump.

Ku wa 26 Mutarama 2026 kandi Rutte yashimiye Trump wakanguye n’ibihugu nka Espagne, u Butaliyani, u Bubiligi na Canada kugera kuri iyi ntego.

Amerika yakomeje kugaragaza ko izagabanya inshingano zayo ku Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, isaba ibihugu byo muri uwo muryango gufata inshingano nyinshi mu kurinda umutekano wabyo.

Mu cyumweru gishize Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yavuze ko ishyize imbaraga mu kurinda abaturage ba Amerika no guhangana n’ibitero abanzi bayo bashobora kugaba.

Rutte wa OTAN yashimangiye ko abaterereza ko EU yabaho nta Amerika baba barota

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages