Urukiko rw’i Paris rwamukatiye imyaka itanu, nyuma yo kumuhamya ko yemereye bamwe mu bo bakoranaga kwegera ubutegetsi bwa Muammar Gaddafi kugira ngo bumufashe kubona inkunga y’amafaranga yo kwiyamamaza mu matora yatsinze mu 2007.
Mu kiganiro yagiranye na Le Journal du Dimanche, yabajijwe niba yizeye ko Perezida Macron yamubabarira, Sarkozy yasubije ati “ntabwo bishoboka.”
Yakomeje avuga ko kubabarirwa igihano cye kikavaho bisaba ko yemera icyaha kandi ko atazigera acyemera ngo yishyireho ibyo atakoze.
Yagize ati “Nzahatana kugeza ku munota wa nyuma kugira ngo bigaragare ko ndi umwere kandi nzatsinda.”
Sarkozy yavuze ko inyandiko yagaragaye mu 2012 yavugaga ko Libya yashyigikiye kwiyamamaza kwe mu matora ya 2007, umucamanza yavuze ko ari impimbano bityo ko urubanza rwakabaye rwararangiye.
Yagize ati “Niba iyo nyandiko ari impimbano, hari abantu bakoze ubwo buriganya, bwanatumye mbura amahirwe yo gutsinda amatora yo mu 2012, rero urubanza rwakabaye rwararangiye.”
Kugeza ubu, Sarkozy aracyari hanze, aho ku wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, yagaragaye kuri stade ya Parc des Princes ari kureba umukino wahuje PSG na Auxerre.
Ubushinjacyaha Bukuru mu by’Imari (PNF), bwatangaje ko Sarkozy azabwitaba ku wa 13 Ukwakira 2025, kugira ngo amenyeshwe igihe azajya muri gereza agatangira igifungo cye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!