00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Schwarzenegger yahagaritse ikiganiro yakoraga, atunga agatoki Perezida Trump

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 4 March 2017 saa 09:09
Yasuwe :

Igihangange mu gukina filime muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika Arnold Schwarzenegger yahagaritse bidasubirwaho kuzasubira mu kiganiro gihuriza hamwe abantu bakomeye,The New Celebrity Apprentice, avuga ko umubare w’abakireba wagabanutse kubera uruhare rwa Donald Trump.

Mu kiganiro uyu mugabo yagiranye na Televiziyo ya Empire, uyu mugabo wigeze kuba Guverineri wa California avuga ko idindira ry’iki kiganiro kinyura kuri NBC ryatewe ahanini n’uruhare rwa Perezida Trump wari umuyobozi w’ibiganiro.

Trump yahagaritse gukora iki kiganiro ubwo yari agiye mu bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Amerika.

Mu kiganiro yatanze ku wa Gatanu, Schwarzenegger yatunze agatoki uburyo Trump yakoreshaga imbuga nkoranyambaga byatumye gisubira inyuma mu buryo bugaragara.

Schwarzenegger yakunze guterana amagambo na Trump binyuze kuri twitter.

Mu kwezi gushize, ubwo bari mu masengesho y’Igihugu yabereye muri Washington DC, Trump yasabye abantu gusengera Arnold kubera ikibazo cyo kugabanuka kw’abakurikira ikiganiro.

Mu gice cya 15 giheruka cy’iki kiganiro cyarangiye mu kwezi gushize, nibura abatagera kuri miliyoni eshanu nibo barebye buri gace.

Perezida Trump yabaye umuyobozi uhoraho w’iki kiganiro, ayobora ibice (seasons) 14 by’iki kiganiro.

Abanyamerika bagera kuri miliyoni 20 barebaga iki kiganiro mu mwaka wacyo wa mbere, mbere y’uko umubare wabo ugera kuri miliyoni esheshatu mu gace ka nyuma ka Trump.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages