00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

SKOL yaganiriye n’abavuga rikumvikana mu myidagaduro ku kuzamura impano z’urubyiruko (Amafoto)

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 3 February 2026 saa 09:46
Yasuwe :

Thibault Relecom washinze Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye mu Rwanda, SKOL Brewery Ltd, yagiranye ibiganiro byihariye n’ibyamamare mu myidagaduro y’u Rwanda ku buryo bwo guteza imbere no kwagura impano z’urubyiruko rw’u Rwanda.

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo ku wa 29 Mutarama 2026, gihuriza hamwe ibyamamare birimo Juno Kizigenza, Kid From Kigali, Angel Mutoni, Bruce the 1st, Dj Rusam, Dj Tlex, Dj Crush na Patycope.

Bganiriye ku ngingo nyinshi zijyanye n’inararibonye yabo, kungurana ibitekerezo no gushishikariza urubyiruko kwiteza imbere babifashijwemo n’umutungo wabo mu by’ubwenge.

Muri iki gikorwa cyaranzwe no gusangira no gusabana mu buryo bunyuranye, abacyitabiriye bagarutse ku mbogamizi bahura na zo, uko bahangana na zo, n’uburyo bashobora kwagura ibikorwa byabo bikagera ku rwego mpuzamahanga.

Thibault Relecom yavuze ko SKOL ifite ubushake bwo gukomeza kuba hafi y’umuco n’imyidagaduro nyarwanda, binyuze mu gushyigikira impano z’abakiri bato no guteza imbere urubyiruko.

Yashimangiye ko gushyigikira urubyiruko rufite impano ari imwe mu nkingi z’ingenzi z’ikigo ayobora, bityo ari inshingano zabo gufasha impano z’Abanyarwanda kubona amahirwe yo kwaguka.

Ati “SKOL ntireba gusa ku gutanga ibinyobwa, ahubwo tuniyumvamo inshingano zo kuba umufatanyabikorwa w’urubyiruko rufite impano. Dushaka kuba hafi y’abahanzi, tukabafasha kugera ku rwego mpuzamahanga.”

Abitabiriye iki gikorwa bashimye SKOL ku bw’iki gitekerezo, bavuga ko cyabafashije kunguka ubumenyi, kuzamura icyizere no kwagura imikoranire.

SKOL Brewery Ltd imaze imyaka 16 ikorera mu Rwanda aho yakoze ibikorwa bitandukanye biteza imbere Abanyarwanda.
Mu bikorwa SKOL yakoze bikomeye harimo gushyigikira siporo ihereye muri Tour du Rwanda no gufasha Rayon Sports no gufasha abanyeshuri batandukanye kurihirwa amashuri mu byiciro bitandukanye.

Mu Ukwakira 2025 uru ruganda rwatangaje ko rugiye gushora hagati ya miliyoni 25$ na miliyoni 35$ mu kwagura ibikorwa.

Abahanzi baganiriye na Skol ku guteza imbere impano
Thibault Relecom washinze Skol yavuze ko bafite ubushake bwo gukomeza kuba hafi y’umuco n’imyidagaduro nyarwanda
Ibiganiro byajyanye no kwica icyaka
Thibault Relecom washinze Skol aganira n'ibyamamare mu myidagaduro
Juno Kizigenza mu bitabiriye ibiganiro bya Skol ku guteza imbere impano z'urubyiruko
Abahanzi batandukanye bagaragaje imbogamizi bahura na zo mu muziki n'uko babona zakemurwa
Bruce the 1st mu bahanzi bitabiriye ibiganiro bya Skol
Angel Mutoni wamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye nka Pull Up na we yitabiriye ibiganiro byo guteza imbere impano
Dj Crush ari mu bagezweho mu kuvanga imiziki
DJ Rusam n'umugabo we Dj Tlex bari mu batumiwe mu biganiro byateguwe na Skol
SKOL yaganiriye n’abavuga rikumvikana mu myidagduro ku kuzamura impano z’urubyiruko
Abitabiriye ibiganiro bya Skol byo guteza imbere urubyiruko bakirijwe ibinyobwa uru ruganda rukora
Kid From Kigali uri mu bahanzi bagezweho na we yatumiwe na Skol
Thibault Relecom washinze Skol aha ikaze abahanzi batandukanye uru ruganda rwari rwatumiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages