00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Somalia: Abantu 18 baguye mu bitero by’iterabwoba

Yanditswe na Uwabeza Hussein
Kuya 27 July 2022 saa 08:58
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu mu Majyepfo y’Umurwa Mukuru, Mogadishu, mu duce rwa Merka na Afgoye haturikiye ibisasu byahitanye abagera kuri 18 barimo na meya w’aka gace.

Ni ibitero bibiri byagabwe, aho icya mbere cyagabwe ku isoko ry’amatungo riri mu gace ka Afgoye, ahaturikirijwe ibisasu bibiri bigahitana abantu barindwi, abagera kuri 14 bagakomereka.

Ikindi cyagabwe ku Muyobozi w’Agace ka Merka kari mu birometero 92 mu Majyepfo ya Mogadishu we n’abo bari kumwe, aho bivugwa ko ikihebe cyiturikirijeho igisasu kigahitana uyu muyobozi n’abandi bantu 10, abandi barimo n’abarinzi be bagakomereka.

Umuvugizi wa Al-Shabaab, Abdiasis Abu Musab, yatangaje ko ibi bitero ari bo babiri inyuma, ko bishe meya wa Merka ndetse n’abasirikare bibiri muri Afgoye.

Al-Shabaab igizwe n’abarwanyi babarirwa hagati y’ibihumbi bitanu n’ibihumbi birindwi, ikaba imaze igihe yarigometse ku butegetsi aho igenzura 70% y’ibice by’amajyepfo n’igice cyo hagati mu gihugu.

Abantu 18 baguye mu bitero by’iterabwoba muri Somalia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages