00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani: Abatavuga rumwe na leta banze ibiganiro bya Perezida Béchir

Yanditswe na

Mukaneza M.Ange

Kuya 12 October 2015 saa 09:52
Yasuwe :

Abayobozi b’amahuriro atavuga rumwe na leta muri Sudani ku wa gatandatu banze kwitabira ibiganiro ku bibazo by’ubukungu n’umutekano mu gihugu cyari cyateguye na perezida Omar el-Béchir.

Béchir uyobora Sudani kuva mu 1989 ndetse akaba ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga kubera ibyaha by’intambara na Jenoside kuva mu 2009 yatangiye gusaba ko ibi biganiro bibaho muri Mutarama 2014.

Abatavuga rumwe na leta barimo amashyaka n’imitwe yitwaje intwaro banze kwitabira ibi biganiro ahubwo basaba ko bahurira hanze ya Sudani bakagirana ibiganiro byo kugarura amahoro.

Béchir ariko yavuze ko abatavuga rumwe nawe nibaramuka bisubiyeho ku cyemezo bafashe yiteguye kubakira ndetse ko nibaramuka bagaragaje ubushake intambara mu duce twa Darfour-Ouest, Nil-Bleu na Kordofan-Sud izahagarara burundu.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ivuga ko uretse amashyaka atavuga rumwe na leta andi mashyaka yiganjemo ashyigikiye ishyaka rya Béchir bitabiriye iyi nama aho bize ku kibazo cy’ubukungu budahagaze neza kuva mu 1997 ubwo Sudani yafatirwaga ibihano na Leta zunze ubumwe z’Amerika ndetse na Sudani y’Epfo igasaba ubwingenge bwatumye Sudani ibura igice cyayo kinini cyari gikungahaye kuri peteroli.

Kuva mu 2003 Sudani yibasiwe n’intambara hagati ya leta n’imitwe yitwaje intwaro ivuga ko yahejwe n’ubutegetsi bwa Khartoum, abarenga ibihumbi 300 bamaze gupfa mu gihe abagera kuri miliyoni 2.5 bavuye mu byabo.

Perezida Bechir

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages