Ku wa 27 Gicurasi 2025 nibwo iyi Minisiteri yasohoye iri tangazo aho yagaragaje ko nibura 90% by’abagaragayeho iyi ndwara ya cholera batuye mu Murwa Mukuru w’iki gihugu, Khartoum.
Impamvu Khartoum ari ho iyi ndwara ya cholera yiganje ni ukubera ibura ry’umuriro n’amazi rimaze ibyumweru, ahanini bitewe n’ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) byoherejwe muri uyu mujyi bigizwemo uruhare n’inyeshyamba za ‘Rapid Support Force’ zihanganye n’ingabo za Leta ya Sudani kuva muri Mata 2023.
Cholera yakomeje kwiyongera cyane kuva iyi ntambara yatangira gufata umurego, ibikorwaremezo byinshi bikangizwa, cyane cyane ibifasha mu kugeza amazi mu baturage.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!