Icyakora, ibindi bitabo by’iyobokamana bemerewe kubitwika. Kubuza abaturage gutwika Quran mu ruhame, bishobora kuzafatwa nko kubangamira uburenganzira n’ubwisanzure bw’abantu.
Mu gusobanura icyateye polisi guhitamo gukumira itwikwa rya Quran ariko bakarekera abantu ubwisanzure ku kuba batwika ibindi bitabo byifashishwa n’abanyamadini, igihe babisabye; hasobanuwe ko ari uburyo bwo kwirinda ko hakwaduka ibikorwa by’iterabwoba muri iki gihugu cyo mu majyaruguru y’isi.
Gusa nubwo bimeze bityo, mu buryo bweruye hakavugwa ko gutwika Quran bitemewe, amakuru avuga ko mu byumweru bishize hagiye habaho n’ibikorwa byo gukumira abatwika ibindi bitabo byera.
Ubutegetsi muri Suède bwagaragaye nk’ubwivuguruza ku ngingo ijyanye n’ubwisanzure bw’abaturage, aho bwavuze ko bushyigikiye ubu bwisanzure, ariko ku rundi ruhande bukanagaragara buvuga ko budashyigikiye na mba ibyo bikorwa bigaragara nk’iby’urwango ku madini.
Ikinyamakuru Sputnik gitangaza ko Leta ya Suède yafashe uwo mwanzuro wo gukumira itwikwa rya za Quran, nyuma y’aho hirya no hino mu bihugu bigendera ku mahame ya kisilamu, abantu bari batangiye kujya batwika bakanacagagura amabendera ya Suède.
Hari impungenge ko icyemezo cyafashwe na Suède, gishobora kuyibera intambamyi yo kwinjira muri NATO mu gihe icyo gihugu cyo na Finland muri Gicurasi 2022 byasabye kwinjizwa muri uwo muryango nubwo ku ruhande rwa Turkiya yo yeruye ikavuga ko idashyigikiye ko Suède yemererwa kwinjira muri NATO.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!