00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Syria: Perezida Assad yahakanye gukoresha intwaro z’uburozi

Yanditswe na

Jean Claude Ntawitonda

Kuya 9 September 2013 saa 07:42
Yasuwe :

Perezida wa Syria, Bashar Al Assad yahakanye ibirego by’Amerika bivuga ko yari inyuma y’ibitero byakoreshejwe intwaro z’uburozi i Damasika mu kwezi gushize.
Amakuru dukesha BBC avuga ko Assad yatangarije televiziyo yo muri Amerika (CBS) ko Perezida wa Amerika agomba kubanza kwerekana ibimenyetso simusiga bihamya ko yari inyuma y’ibitero byakoresheje intwaro z’uburozi mu kurasa abo bahanganye, mbere yo gufata imyanzuro yo kugaba ibitero kuri Syria.
BBC ikomeza ivuga ko Assad yatangiye (…)

Perezida wa Syria, Bashar Al Assad yahakanye ibirego by’Amerika bivuga ko yari inyuma y’ibitero byakoreshejwe intwaro z’uburozi i Damasika mu kwezi gushize.

Amakuru dukesha BBC avuga ko Assad yatangarije televiziyo yo muri Amerika (CBS) ko Perezida wa Amerika agomba kubanza kwerekana ibimenyetso simusiga bihamya ko yari inyuma y’ibitero byakoresheje intwaro z’uburozi mu kurasa abo bahanganye, mbere yo gufata imyanzuro yo kugaba ibitero kuri Syria.

BBC ikomeza ivuga ko Assad yatangiye iki kiganiro igihe, kuko ari bwo inteko ishinga amategeko muri Amerika igiye gutangira kwiga ku itegeko ryo kugaba ibitero kuri Syria.

Assad we avuga ko Amerika niramuka igabye ibitero by’indege za gisirikare kuri Syria, inshuti z’iki gihugu zizivuna umwanzi, na zo zikagaba ibitero muri Amerika.

BBC ikomeza ivuga ko John Kerry, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, yavugiye i Paris mu Bufaransa, ko bagenzi ba Assad bo mu bihugu by’umuryango w’Abarabu bemeza ko Syria ikabije gutunga no gukoresha intwaro z’uburozi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages