00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Taiwan yarakajwe n’abaturage bayo bafungiwe mu Bushinwa

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 11 October 2024 saa 09:56
Yasuwe :

Taiwan irashinja u Bushinwa gufunga abaturage bayo bane bakoreraga uruganda rwa Foxconn rukorera mu Bushinwa, rufitanye imikoranire n’uruganda rwa Apple rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Ibi ni ibyatangajwe n’igitangazamakuru cyo muri Taiwan cyitwa CNA kuri uyu wa 10 Ukwakira 2024, aho bavuga ko abo bakozi batawe muri yombi muri Mutarama uyu mwaka.

Aba bakozi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo muri Zhengzhou, ahaherereye uruganda rwa Foxconn rutunganyirizwamo telefone za iPhone. Biravugwa ko icyaha baregwa ari ukwica amasezerano.

Taiwan imaze igihe itarebana neza n’u Bushinwa ahanini bishingiye ku cyifuzo cya bamwe mu bayoboye ako gace, bashaka ko kigenga mu gihe u Bushinwa bwo bwemeza ko ari intara yabwo.

Ibihugu nka Amerika bikunze kujya mu matwi y’abayobora Taiwan, ngo yiyomore ku Bushinwa, gusa Leta y’u Bushinwa yatanze gasopo ko nibikorwa bizabyara ingaruka zikomeye.

Abakozi bafunzwe ni abo muri Taiwan

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages