Mu mujyi wa Houston kuri iki Cyumweru, uyu mwuzure wigabije ibice binini byawo, wangiza ibikorwa remezo birimo imihanda n’inyubako mu gihe abaturage benshi bo bakomeje kuva mu byabo bahungisha ubuzima.
Kugeza ubu, hari gushyirwa imbaraga nyinshi mu gutabara abantu uyu mwuzure wasanze mu nzu zabo ukababuza kuzivamo.
Kuri iki Cyumweru, abantu babiri bishwe n’ingaruka zatewe n’uyu mwuzure harimo umugore wo mu Mujyi wa Houston wari utwaye imodoka ashaka uko yajya ahatarengewe n’amazi ndetse n’umugabo wishwe n’amashanyarazi mu Mujyi wa Rockport.
Leta zitandukanye zitahuye n’iki kibazo, ziri gutanga ubufasha kuri Texas. Mu gace ka Harris, abayobozi basabye ko bashyikirizwa ubwato kugira ngo babone uko bambutsa abantu.
Hagati aho, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Dallas bwatangaje ko bugiye gufungura inkambi ishobora kwakira abantu ibihumbi bitanu bakuwe mu nyubako ya Kay Bailey Hutchison Convention Center.
Bimwe mu bigo by’amashuri byahise bihagarika amasomo mu gihe cy’icyumweru, ibibuga by’indege birimo icya George Bush Intercontinental na William P. Hobby birafunga.
Ibi byiyongera ku bitaro birimo ibya Ben Taub Hospital bikomeye mu kuvura ihungabana byafunze ndetse n’abarwayi bari babirimo barimurwa.
Ubuyobozi butangaza ko abantu 316,000 babuze amashanyarazi. Naho Umuryango wita ku mbabare, Croix Rouge, ukaba uri gutanga ibiryo bingana n’amasahani 130,000 ku munsi.
Amafoto



















TANGA IGITEKEREZO