00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

TikTok yahagaritswe mu biro bya Leta i New York

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 18 August 2023 saa 08:35
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Umujyi wa New York muri Amerika, bwahagaritse ikoreshwa ry’Urubuga Nkoranyambaga rwa TikTok mu bikoresho by’ikoranabuhanga bya Leta, mu rwego rwo kurinda umutekano w’amabanga yayo.

Umwaka ushize ni bwo Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika yatoye yemeza uwo mwanzuro ariko Leta zimwe na zimwe zigenda gake mu kubishyira mu bikorwa.

TikTok ni urubuga ruri mu maboko ya Sosiyete ByteDance yo mu Bushinwa, igihugu kitabanye neza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amerika ikeka ko iyo sosiyete ishobora kuba yiba amabanga y’abakoresha TikTok ikayaha Leta y’u Bushinwa.

Ibigo bya Leta muri New York byahawe iminsi 30 kugira ngo TikTok ibe yakuwe mu bikoresho by’ikoranabuhanga bya Guverinoma.

TikTok yijeje Amerika ko izakora ibishoboka byose amakuru y’abayikoresha muri iki gihugu akarindirwa umutekano kandi na Leta igahabwa uburyo bwo kubigenzura ariko gisa n’ikitabyemera neza.

TikTok yahagaritswe mu biro bya Leta i New York

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages