00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tim Scott yivanye mu bahatanira kuyobora Amerika

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 13 November 2023 saa 09:19
Yasuwe :

Tim Scott, umusenateri w’umwirabura wiyamamarizaga kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yivanye mu bahatanira uwo mwanya, mbere y’umwaka ngo habe amatora ya Perezida muri icyo gihugu.

Uyu musenateri ukomoka muri Leta ya South Carolina, yari amaze igihe ari umwe mu baza mu myanya y’inyuma mu bashobora guhagararira ishyaka ry’aba-rèpublicains, ribarizwamo na Donald Trump wahoze ari Perezida.

Scott yatangaje ko nubwo hari benshi bari bakimusaba kwiyamamaza, we yabonye ko ari ngombwa kubihagarika.

Uyu mugabo w’imyaka 58, yavuze ko nubwo yivanye mu bahatana nta gahunda afite zo kungiriza uwo ari we wese mu basigaye biyamamaza, ngo kuko mu buzima bwe atifuza kuba Visi Perezida wa Amerika.

Scott ni umwe biyamamaje basezeranya gusubiza Amerika ku murongo ikagendera ku ndangagaciro za gikiristu ndetse no kugendera ku mahame ya kera yateshutseho.

Scott yatangaje ko yivanye mu bahatanira kuyobora Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages