00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump ashobora gusura u Bushinwa

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 25 November 2025 saa 08:56
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko yemeranyije na mugenzi we uyobora u Bushinwa, Xi Jinping, ko ashobora gusura iki gihugu muri Mata 2026.

Ibi yabigarutseho ku wa 24 Ugushyingo 2025 nyuma y’ikiganiro aba bayobozi bombi bagiranye kuri telefone, aho byarangiye bemeranyije ko buri umwe azasura igihugu mugenzi we ayoboye umwaka utaha, mu rwego rwo gukomeza imibanire n’imikoranire hagati y’ibi bihugu.

Nyuma y’ibiganiro bagiranye kuri telefone, Trump yanyuze ku rubuga rwe rwa Truth Social yandika ko umubano wa Amerika n’u Bushinwa ukomeye kandi umeze neza.

Ati “Umubano wacu n’u Bushinwa urakomeye cyane.”

Uretse kwemera gusura u Bushinwa, Trump yanatumiye Xi Jinping ngo nawe azasure Amerika.

Ku rundi ruhande u Bushinwa bwahise bushyira itangazo hanze rivuga ko ibihugu byombi bikwiriye gukomeza imikoranire ndetse bikareba ibibifitiye inyungu.

Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, yavuze ko iki kiganiro cyahuje aba bayobozi cyamaze igihe kigera ku isaha ndetse cyibanze ku bucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Mu kwezi gushize nibwo Perezida Trump na Jinping bahuriye muri Koreya y’Epfo nyuma y’imyaka itandatu yari ishize badahura.

Aba bayobozi baganiriye ku ngingo zitandukanye zirimo ubucuruzi mpuzamahanga, imisoro, ikoranabuhanga, ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro y’amabengeza (rare earth), kurwanya ikoreshwa ry’ikiyobyabwenge cya Fentanyl, ibibazo by’umutekano muri Taiwan ndetse n’intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

Trump ashobora gusura u Bushinwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages