Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya Fox News, mu gihe iyi ntambara ikomeje guteza impungenge ku bukungu bw’Isi.
Trump yabwiye Fox News ko nta kwicuza afite ku cyemezo cyo gutangiza intambara Amerika na Israel byagabye kuri Iran, ndetse avuga ko iyo ahabwa andi mahirwe yari kongera gukora “ibyo yakoze byose uko byakabaye”.
Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Laura Ingraham, Trump yabajijwe niba aticuza iyi ntambara kubera ingaruka ishobora kugira ku ishyaka rye mu matora azwi nka ‘Midterm elections’ ateganyijwe mu Ugushyingo muri Amerika.
Yasubije ko atemera ijambo kwicuza, nubwo yavuze ko umuntu ashobora guhora yibaza ku byemezo yafashe.
Ati “Iyo nza kongera kubikora, nari gukora neza neza nk’uko nabikoze.”
Intambara hagati ya Amerika na Iran ikomeje kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage, aho izamuka ry’ibiciro rishobora kugira uruhare mu kugabanya umubare w’abashyigikiye Trump n’ishyaka rye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!