00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yabajijwe niba azatera Venezuela, aruma ahuha

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 15 September 2025 saa 01:08
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ntabwo yigeze ahakana ibyo gutera Venezuela ashinja kohereza ibyihebe n’ibiyobyabwenge mu gihugu cye.

Ibi yabigarutseho nyuma y’uko umubano hagati y’ibi bihugu umaze iminsi ukomeje kuzamba, nyuma yaho Amerika yohereje ubwato butatu bw’intambara ndetse n’abasirikare 4000 hafi ya Venezuela mu rwego rwo kurwanya ibikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge.

Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, agaragaza ko nubwo Amerika ivuga ko iki gihugu ari indiri y’ibiyobyabwenge bo bamaze kubihagarika.

Mu kiganiro Trump yagiranye n’abanyamakuru mu Mujyi wa Morristown muri Leta ya New Jersey ku wa 14 Nzeri 2025, yabajijwe niba ashobora kugaba ibitero muri Venezuela.

Yasubije ko bishobora kubaho kubera uburyo iki gihugu gikomeje kohereza ibiyobyabwenge muri Amerika.

Ati “Tuzareba ibishoboka kubera ko ntabwo twakwemera ko Venezuela ikomeza kohereza abanyabyaha batandukanye mu gihugu cyacu barimo n’abacuruza ibiyobyabwenge.”

Maduro avuga ko kuba Amerika ishaka gutera Venezuela mu rwego rwo guhangana n’abacuruza ibiyobyabwenge ari urwitwazo rwayo kugira ngo ifate iki gihugu ikiyobore ijye ikoresha amabuye y’agaciro yacyo mu nyungu zayo.

Trump yabajijwe niba azatera Venezuela, aruma ahuha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages