Ubwumvikane buke bwakomeje kugaragara hagati y’abagize ubutegetsi bwa Trump na Mueller, kubera iki kibazo cy’u Burusiya dore ko benshi muri bo batungwa agatoki.
Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize, umunyamategeko w’itsinda ryari rishinzwe ibikorwa byo kwamamaza Trump, yatangaje ko abari gukorana na Mueller hari email babonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abagize itsinda rya Mueller ariko bo bahamya ko ntacyo bakoze kinyuranyije n’amategeko, kuko ntawe binjiriye muri email batabanje kubyemeranya cyangwa ngo bitabaze itegeko ribibahera uburenganzira.
Agaruka kuri iki kibazo Trump yavuze ko bidahagaze neza, kandi byarakaje cyane abamushyigikiye ndetse yongera gushimangira ko atigeze akorana n’u Burusiya.
Ati” Ntabwo nshobora gutekereza ko hari ikibahama kubera ko nk’uko twabivuze nta kugongana kwabayeho.”
Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabyanditse, Trump yanagarutse ku kibazo yabajijwe cy’uko yaba afite gahunda yo kwirukana Mueller, avuga ko nta byo ateganya.
Ubutegetsi bwa Trump ntibwahemye guhakana gukorana n’u Burusiya mu matora yo mu 2016, iri perereza Trump ubwe akaba avuga ko rigamije kwibasira abantu be.
Ku itariki ya 8 Ugushyingo 2016, nibwo habaye amatora ya perezida muri Amerika; u Burusiya bukekwaho kuyivangamo bugamije kugeza Donald Trump wari uhaganganye na Hillary Clinton ku ntsinzi.



















TANGA IGITEKEREZO