00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yahakanye ibiganiro na Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 August 2026 saa 04:19
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko nta biganiro biri kuba hagati ya Amerika na Iran ndetse nta n’ibiteganyijwe, ahubwo avuga ko Inzira ya Hormuz ifunguye.

Trump yanditse ku rubuga Truth Social ati “Nta biganiro cyangwa imishyikirano biri kuba, cyangwa biteganyijwe, na Repubulika ya Kisilamu ya Iran. Ingabo zo mu mazi zikomeje gufunga inzira nk’uko bisanzwe, naho Inzira ya Hormuz irafunguye kandi iri gukora. Mine zose zo mu mazi zarakuweho cyangwa zituritswa.”

Umuyobozi mukuru ushinzwe ibiganiro ku ruhande rwa Iran, Mohammad Baqer Qalibaf, yavuze mu magambo yatangajwe n’itangazamakuru rya Leta ko Inzira ya Hormuz izakomeza gufungwa kugeza igihe Amerika izaba yujuje ibisabwa mu masezerano y’agateganyo yasinywe na Iran muri Kamena.

Qalibaf yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ko ibyo Iran isaba birimo ko Amerika ikuraho intwaro zifunze ibyambu bya Iran, igakuraho ibihano ku bucuruzi bwa peteroli, ikarekura imitungo ya Tehran yafatiriwe ndetse ikanahagarika iterabwoba n’ibikorwa bya gisirikare ku mpande zose.

Trump yatangaje ibi mu gihe hari impaka zikomeje ku buryo bwo gucunga Inzira ya Hormuz, imwe mu ngingo z’ingenzi z’amasezerano y’agateganyo hagati ya Amerika na Iran.

Iran ivuga ko Amerika igomba kubahiriza ibisabwa muri ayo masezerano mbere y’uko ikibazo cy’Inzira ya Hormuz gikemuka.

Trump yavuze ko nta biganiro biri kuba hagati yaa Amerika na Iran

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages