00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yahishwe mu modoka itwara amafunguro yikanze igitero cya Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 August 2026 saa 04:21
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahinduriwe indege mu ibanga ubwo yavaga mu nama ya NATO yabereye muri Turikiya mu kwezi gushize, mu rwego rw’ingamba zikomeye z’umutekano zafashwe kubera amakuru yavugaga ko Iran ishobora kumugabaho igitero.

Trump yagaragaye kuri televiziyo yurira indege ya Air Force One, ariko nyuma yimuriwe mu bu yagisirikare mu buryo bw’ibanga, abifashijwemo n’imodoka isanzwe itwara amafunguro ku ndege

The Washington Post yanditse ko abanyamakuru na bamwe mu bakozi ba White House bari muri iyo ndege batamenye ko ko Trump yayivuyemo.

Abayobozi babwiye CBS News ko Amerika yari yabonye amakuru yizewe agaragaza ko Iran ishobora kugaba igitero cya misile ku ndege. White House yo yari yabanje kwemeza ko Trump yagiye muri Air Force One.

Trump yari yageze muri Turikiya ari mu ndege nshya ya Boeing 747-8 yatanzwe na Qatar, ariko yari yatangaje ko azahaguruka akoresheje Air Force One ya kera, mu rwego rwo kuyisezera.

Ku wa 8 Nyakanga, amashusho yagaragaje Trump yurira indege ya Perezida ku kibuga cy’indege cya Ankara. Ariko nk’uko Washington Post yabitangaje, nyuma yajyanywe mu ibanga mu ndege nto ya C-32A, ari yo Boeing 757 yahinduwe ikoreshwa na Visi Perezida wa Amerika.

Yagejejwe kuri iyo ndege ari mu modoka itwara amafunguro, yari yagejejwe ku muryango w’indege ku rundi ruhande rutandukanye n’urwo yari yuririyeho.

Minisitiri w’Ingabo wa Amerika, Pete Hegseth, na we yuririye C-32A ukwawo, akoresheje ingazi zisanzwe kugira ngo urugendo ruse n’aho nta kidasanzwe kirimo.

Abanyamakuru na bamwe mu bakozi ba White House bagumye muri Air Force One, ndetse bivugwa ko basabwe gufunga utwenda two ku madirishya. Ntibari bazi ko Perezida atakiri muri iyo ndege.

Trump yerekeje mu Bwongereza akomeza urugendo agana muri Amerika. Agezeyo, yongeye kujya muri Air Force One ya kera nyuma y’uko igeze ku kigo cya RAF Mildenhall. Ntabwo byasobanutse neza uko yavanywe muri C-32A agasubizwa muri iyo ndege.

Nyuma yaho, Trump yimukiye muri Air Force One nshya yatanzwe na Qatar kugira ngo asubire i Washington.

Muri urwo rugendo, Trump yabwiye abanyamakuru bari mu ndege ko Iran ikomeje kumutera ubwoba, ariko ntiyavuze iby’ihindurwa ry’indege ryari ryabanje gukorwa mu ibanga.

Trump yinjiye muri Air Force One ariko ahita asohoka ajya mu yindi ndege akoresheje imodoka itwara amafunguro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages