00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yamaze impungenge abahangayikishijwe n’ubuzima bwe

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 28 May 2026 saa 07:22
Yasuwe :

Ku wa Kabiri, tariki 26 Gicurasi 2026, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yagiye mu bitaro bya gisirikare gukorerwa ibizamini byerekana uko ubuzima bwe buhagaze.

Ibiro bya Perezida White House, bivuga ko Trump uri hafi kuzuza imyaka 80, yamaze amasaha atatu n’igice muri Walter Reed National Military Medical Center, aho yakorewe isuzuma ry’amenyo no kureba uko ubuzima bwe buhagaze muri rusange.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Trump yagize ati “Nsoje isuzuma ry’amezi atandatu muri Walter Reed Military Medical Center, byose byagenze neza [...] nshimye abaganga n’abakozi baho bose.”

Ibi bitaro byakira abasirikare, abayobozi bakuru b’igihugu n’abahoze mu ngabo za Amerika. Ni inshuro ya gatatu Donald Trump agiye kwisuzumisha mu mezi 13.

Mu mwaka ushize, White House yatangaje ko Trump yasanganywe CVI (Chronic Venous Insufficiency), yamuteye kubyimba ibirenge. Iyi ndwara ikunze kwibasira abari hejuru y’imyaka 70.

Mu minsi ishize kandi ikiganza cya Trump cyafotowe cyahinduye ibara, mu kiganiro na The Wall Street Journal asobanura ko byatewe n’ingaruka imiti ya Aspirin yanywaga yamugizeho.

Trump yumvikanye avuga ko afite ubuzima buzira umuze, kandi ko akora amasuzuma menshi, asaba ko akorwa no ku bandi bari muri Guverinoma. Yumvikanye kandi avuga ko yiyumva nk’uko yari ameze mu myaka 50 ishize.

Ku bamubonye ahondobera, anasinzira mu nama, avuga ko atari ikimenyetso cy’intege nke, ahubwo yari yarambiwe inama, bakamufotora ari guhumbya, afunze amaso bakabikabiriza.

Muri Mata 2025, Trump nabwo yari yakorewe isuzuma ku buzima bwe, rigaragaza ko yari afite ubuzima bwiza, bumwemerera gukora inshingano z’umukuru w’igihugu.

Trump yamaze impungenge abahangayikishijwe n’ubuzima bwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages