00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yasabiye uwateye ibyuma umugore wo muri Ukraine igihano cyo kwicwa

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 11 September 2025 saa 02:59
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabiye Decarlos Brown igihano cyo kwicwa nyuma yo gutera ibyuma umugore wo muri Ukraine bari muri gari ya moshi akamwica.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social ku wa 10 Nzeri 2025, Perezida Trump yabishimangiye agira ati “Iyo nyamanswa yishe urwagashinyaguro uyu mukobwa w’umunya-Ukrainekazi igomba kuburanishwa byihuse, ndetse igahanishwa igihano cyo kwicwa.”

Mu mpera z’icyumweru gishinze, ni bwo amashusho ya Camera zicunga umutekano (CCTV) yashyizwe hanze agaragaza Brown w’imyaka 34 asatira Lryna Zarutska w’imyaka 23, amutera icyuma inshuro nyinshi mu ijosi, uyu mukobwa ava amaraso menshi, binamuviramo urupfu.

Ayo mashusho agaragaza ko iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabereye mu mujyi wa Charlotte, muri Leta ya North Carolina iri muzigize Amerika, cyakozwe nta makimbirane cyangwa ikiganiro cyihariye aba bombi bagirane.

Ku wa Mbere, Trump yavuze ko Brown ari umurwayi wo mu mutwe, yibutsa ko uyu mugabo yatawe muri yombi inshuro nyinshi mu myaka icumi ishize ariko agahora arekurwa kubera uburenganzira bwo kuburana adafunze.

Trump yagize ati “Amaraso y’uyu mukobwa w’inzirakarengane ari mu ntoki z’Aba-Democrates banze guta muri yombi abagizi ba nabi.”

Decarlos Brown ashobora gukatirwa urwo kwicwa nyuma y'ubwicanyi yakoreye muri gari ya moshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages