Ibi Trump yabivuze ubwo yasubizaga ibyo Chancelier Friedrich Merz aherutse kuvuga ko Amerika yandagajwe na Iran, kandi ko ubutegetsi bwe budafite uburyo buhamye bwo guhagarika iyi ntambara.
Trump abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social ku wa 30 Mata 2026, yibukije Chancelier Friedrich Merz ko adakwiye kwivanga mu makimbirane ya Amerika na Iran.
Ati “Chancelier w’u Budage akwiye kumara igihe kinini arwana no guhagarika intambara iri hagati y’u Burusiya na Ukraine no gukemura ibibazo by’igihugu cye by’umwihariko ibijyanye n’abimukira n’iby’ingufu, kuruta guta umwanya yivanga mu birebana na Iran.”
Kuva intambara yo muri Ukraine yatangira mu 2022, Berlin yabaye umuterankunga wayo ukomeye aho yoherezaga intwaro za kirimbuzi Ukraine.
Mu cyumweru gishize, Trump yavuze ko kuba Chancelier Friedrich Merz atekereza ko ntacyo bitwaye kuba Iran yatunga intwaro za nucléaire, ari uko atazi ibyo avuga.
Muri Werurwe 2025, Chancelier Friedrich, yavuze ko intambara ya Amerika na Iran igomba kurangira bwangu. Ibi yabivuze nyuma y’uko yari yanze ko u Budage bwitabira iyo ntambara, agaragaza ko atari iy’umuryango wa NATO.
Trump yashinje ubuhemu ibihugu byo mu Burayi bigize NATO kubera ko byaranze gushyigikira Amerika na Israel muri iyo ntambara.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!