Ibi yabivuze nyuma yo kugirana ibiganiro na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ndetse na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy.
Ku wa 7 Nyakanga 2026 ubwo Trump yari yitabiriye inama ya NATO muri Turikiya, yagiranye ibiganiro na Perezida Recep Tayyip Erdogan.
Yatangaje ko yagize ikiganiro cyiza cyane na Putin, avuga ko bombi baganiriye igihe kirekire ku bijyanye n’intambara iri muri Ukraine.
Ati “Nagiranye ikiganiro cyiza cyane na Perezida Putin. Twaganiriye igihe kirekire cyane. Nanone nyuma yaho nahise mvugana na Perezida Zelenskyy. Ntekereza ko bombi bashaka kugera ku masezerano. Ntekereza ko tuzabasha kubikemura, twizere ko bizaba vuba.”
Perezida Zelenskyy na Trump biteganyijwe ko bazahurira mu nama ya NATO ku wa Gatatu, nyuma y’amezi Ukraine ikomeje kongera ibitero ku bikorwa by’ingufu by’u Burusiya, mu gihe Moscow na yo yakomeje kugaba ibitero bikomeye muri Ukraine.
Mu kwezi kwa Nyakanga gusa, ibitero by’u Burusiya byahitanye abantu 50 mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv. Ibi byongereye impungenge ku bijyanye n’umutekano w’abaturage ndetse n’uburyo intambara ishobora gukomeza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!