00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yemeye ko yahinduye indege kubera gutinya kwicwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 August 2026 saa 09:59
Yasuwe :

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko yahinduye indege mu ibanga ubwo yavaga mu nama ya NATO yabereye muri Turikiya mu kwezi gushize, nyuma y’uko inzego z’umutekano zimuburiye ko ashobora kugabwaho igitero.

Trump yavuze ko Secret Service n’igisirikare ari byo byamugiriye inama yo gukoresha indi ndege, agakurikiza amabwiriza.

Ati “Ngendera ku mabwiriza ya Secret Service n’igisirikare. Bategetse ko njya mu yindi ndege, kandi ngomba gukora ibyo bavuze.”

Ibi byatangajwe nyuma y’amakuru yatangajwe na White House yemezaga ko Trump yakoreye urugendo muri Air Force One.

Amashusho yagiye hanze agaragaza ko Trump yinjiye muri Air Force One ku ruhande rwariho camera ariko asohokera mu wundi muryango ajyanwa mu ibanga hakoreshejwe imodoka itwara ibiribwa, ajyanwa mu ndege ya gisirikare.

Abayobozi babwiye CBS News ko Amerika yari yabonye amakuru yizewe y’uko Iran ishobora kurasa misile kuri iyo ndege. New York Times na yo yavuze ko inzego z’ubutasi za Amerika zari zifite amakuru y’umuntu wabonywe hafi y’aho inama ya NATO yabereye afite intwaro irasa misile.

Trump yavuze ko atigeze abaza byinshi kuri icyo kibazo kuko asanzwe ahura n’ibibazo byinshi by’umutekano, yongeraho ko Iran imufata nk’umwanzi wa mbere. Icyo gikorwa cyabaye umunsi umwe nyuma y’uko Amerika isubukuye ibitero bya gisirikare kuri Iran.

Abanyamakuru n’abakozi bamwe ba White House basigaye muri Air Force One, ndetse basabwa gufunga amarido ku madirishya y’indege. Bamwe ntibari bazi ko Trump atakiri muri iyo ndege.

Nyuma, Trump yageze mu Bwongereza, aho yongeye kwinjira muri Air Force One mbere yo gukomeza urugendo.

Trump yinjiye muri Air Force One ahita asohokamo mu ibanga
Iyi foto yakozwe na BBC yerekana uko Trump yavuye muri Air Force One akinjira mu modoka itwara amafunguro mbere yo kujya mu ndege ya gisirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages