Ibi byatangajwe n’ibinyamakuru bikomeye byo muri Amerika birimo Axios na CNN, byagaragaje ko ibi biganiro bishobora kuzaba mu cyumweru gitaha ariko biteganyijwe ko bizaba ari uko ibizahuza Trump na Zelensky ku wa 18 Kanama 2025, bigenze neza.
Ku wa 15 Kanama, nibwo Trump na Putin bagiranye ibiganiro byabereye i Alaska ariko birangira nta cyemezo gifashwe cyageza ku gahenge muri iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare 2022.
Nyuma yo guhura na Putin, Trump yahise ahamagara Zelensky, bagirana ikiganiro cyo kuri telefone cyamaze isaha, nyuma abo mu Burayi na bo babiyungaho, Trump ababwira ibyaganiriweho ndetse ko anifuza kugirana ibiganiro n’aba bayobozi bombi bamaze imyaka irenga itatu bahanganye.
Trump yavuze ko bishobotse ibi biganiro bizamuhuza na Putin ndetse na Zelensky bishobora kuzaba ku wa Gatanu tariki ya 22 Kanama uyu mwaka.
Ku wa 16 Kanama, nibwo Trump abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yatangaje ko Zelensky agiye kongera kugirira uruzinduko muri Amerika ndetse bishoboka ko hazabaho n’ibizabahuza na Putin.
U Burusiya bugaragaza ko bwiteguye guhagarika intambara mu gihe Ukraine yahagarika umugambi wayo wo kujya mu Muryango wa OTAN ndetse igakura ingabo zayo mu duce twa Crimea, Donetsk, Lugansk, Kherson na Zaporozhye.
Iki gihugu kigaragaza ko abatuye utu duce bahisemo kuguma ku Burusiya binyuze mu matora yabaye hagati ya 2014 na 2022, gusa Zelensky yakomeje kumvikana abihakana avuga ko Ukraine idashobora guhara ubutaka bwayo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!