Trump yagaragaje agiye gukomeza imikoranire ye n’u Buyapani nyuma yaho umubano wa Amerika n’u Bushinwa ndetse n’ibindi bihugu biherereye hafi y’Inyanja ya Pacific byo muri Aziya ukomeje kuba mubi.
Ibi Perezida Trump yabigarutseho mu ruzinduko rw’akazi yagiriye mu murwa mukuru w’u Buyapani, Tokyo, akaba yagaragaje ko iki gihugu cyari gifite gahunda yo kugura intwaro za Amerika ndetse agaragaza ko umubano hagati y’ibihugu byombi ugiye gukomera kurushaho.
Ati “Ndashaka ko umenya ko igihe cyose waba ufite ikibazo, gushidikanya, mbega icyo waba ushaka icyo ari cyo cyose uzakibona cyangwa icyo uzakenera ko nzafasha u Buyapani nzaba niteguye gutanga ubufasha.”
Takaichi watorewe kuba Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani mu cyumweru gishize, yashimiye Trump uruhare rwe mu guhuza ibihugu bya Thailand na Cambodia byari bimaze iminsi mu mirwano.
Ati “Ndagushimira kubera uruhare wagize rwo kugarura amahoro no guhagarika imirwano hagati ya Thailand na Cambodia.”
Ku rundi ruhande abayobozi b’ibihugu byombi bemeranyije gukomeza imikoranire ku bijyanye n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro n’ibindi.
U Buyapani busanzwe bukorana bya hafi na Amerika mu bucuruzi kubera ko kimwe cya kane cy’ibyo bwohereza muri iki gihugu ari imodoka n’ibifitanye isano na zo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!