Ubwo yabazwaga n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere niba hari icyo yaba azi ku buzima bwa Kim, Trump yasubije ajijinganya ati “Ntacyo nababwira, rwose---Yego, mfite igitekerezo cyiza gusa ntabwo nakivugaho ubu. Ndamwifuriza kumera neza”.
Mu cyumweru gishize, CNN yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri gukurikiranira hafi ibivugwa ko Kim Jong Un yaba atameze neza nyuma yo kubagwa.
Biragoye kwemeza uko Kim Jong-un amerewe, nyuma y’aho atabashije kugaragara mu birori by’isabukuru y’amavuko ya sekuru, byabaye tariki ya 15 Mata 2020.
Andi makuru avuga ko kuva tariki ya 21 Mata 2020, gari ya moshi ye yari iparitse mu Mujyi wa Wonsan, aho abo mu muryango we basanzwe bajya kuruhukira; gusa igihe ihamaze ngo cyateye benshi impungenge ko yaba atameze neza.
Mu minsi ishize ni bwo Kim Jong-un yabazwe umutima, amakuru akavuga ko iki gikorwa gishobora kuba kitaragenze uko byateganywaga.



















TANGA IGITEKEREZO