Yabigarutseho ubwo yaganiraga n’abagize Urwego Ngishwanama rwiga ku mategeko n’izindi gahunda za guverinoma. Ni ibiganiro bagiranye ku wa Gatanu.
Putin yashimangiye ko n’ubu agihagaze ku mwanzuro yafashe wo gutangiza ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine, ko wari uboneye kubera ibibazo byawuganishijeho.
Ati “Nta yandi mahitamo twari dufite.”
Yasubije ayo magambo ubwo yari abajijwe niba uwasubiza ibihe inyuma, uwo mwanzuro yakongera kuwufata, azi neza ingaruka uzatera. Yavuze ko hari aho byageze, bikagaragara ko gukoresha ingufu za gisirikare ariyo mahitamo ya nyuma.
Ati “Uzi impamvu? Ni uko twatewe”.
Ntiyigeze asobanura mu buryo burambuye uburyo igihugu cye cyatewe.
Putin yakunze gusobanura ko impamvu y’intambara muri Ukraine, ari uko NATO iri kwagurira ibikorwa byayo ku mipaka y’u Burusiya kandi ko ibyo ari ikibazo gikomeye ku mutekano w’igihugu cye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!