00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twitter yahagaritse konti y’umushakashatsi ushinjwa gukwirakwiza ibihuha ku nkingo za Covid-19

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 30 December 2021 saa 07:28
Yasuwe :

Urubuga rwa Twitter rwahagaritse konti y’Umunyamerika w’umushakashatsi mu by’inkingo, Dr. Robert Malone, nyuma yo gushinjwa gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ku nkingo za Covid-19.

Uyu mushakashatsi uvuga ko yagize uruhare runini mu ishyirwaho ry’ikoranabuhanga rya mRNA ryakozwemo inkingo za Coronavirus, yafungiwe konti kuwa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021.

Dr. Malone wari ufite abamukurikira barenga ibihumbi 500, yajyaga acisha ubutumwa ku rukuta rwe avuga ko urukingo rwa Covid-19 rukozwe muri mRNA rudakwiriye guhabwa abana kuko rwangiza ubuzima bwabo ndetse agashishikariza ababyeyi kudateza abana babo uru rukingo.

Mu mashusho aheruka gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, uyu mugabo yagiraga ati “Nta mpamvu yo guteza abana bawe cyangwa abo mu muryango wawe urukingo rwa Covid-19 kuko ingaruka z’iyi virus ari nke kurusha izo urukingo rwayo rwateza abo bana ubuzima bwabo bwose.”

Uyu mugabo yahise afungirwa Twitter ye ndetse kugeza ubu ntiharamenyekana niba ari ikosa ryabayeho cyangwa ari uru rubuga rwayifunze ku bushake nk’uko rusanzwe rubigenza ku bandi bantu bakwirakwiza ubutumwa bivugwa ko bubangamira cyangwa buyobya sosiyete.

Icyo Dr. Malone ashingiraho abuza abana gukingirwa Covid-19

Ubusanzwe inkingo ziba zirimo virus yapfuye cyangwa idafite ubushobozi bwo kwangiza umubiri, maze yakwinjizwa mu mubiri ugahita ukora abasirikare bayirwanya ku buryo ikindi gihe wazaterwa n’iyo virus, yazasanga witeguye.

Gusa ikoranabuhanga rya mRNA (messenger RNA) ryakozwemo inkingo za Covid-19 ryo siko ribigenza ahubwo ryo ritwara ubutumwa mu mubiri bubwira utunyangingo (cells) ko tugomba gukora ibinure ubusanzwe bikorwa na virus kugira ngo yirinde (spike proteins) bikamera nk’ibije kurwanya umubiri.

Iyo utunyangingo tumaze gukora ibyo binure duhita dushwanyaguza ya ntumwa yitwa mRNA. Umubiri wabona ibyo binure ukagira ngo ni virus ubundi ugakora vuba abasirikare babirwanya, bakaguma mu mubiri ku buryo ikindi gihe cyose wazaterwa na virus ifite bya binure uzahita uyirwanya.

Dr. Malone avuga ko gutegeka umubiri w’umwana gukora ibyo binure biza bimeze nk’umwanzi w’umubiri atari byo kuko bishobora kumuteza ingaruka zihoraho.

Gusa ibyo uyu mugabo avuga bihabanye cyane n’icyo ubushakashatsi ku buziranenge bw’inkingo bugaragaza kuko ibi binure umubiri ukora biba bimeze nka baringa, kuko bidashobora kwangiza umubiri, cyane ko bimaramo ibyumweru bike nyuma y’uko umuntu afashe urukingo.

Kugeza ubu urukingo rwa Covid-19 nirwo rwonyine rukozwe mu ikoranabuhanga rya mRNA rwemewe, bitewe n’uko iri koranabuhanga ari rishya ku Isi, icyakora hari icyizere ko rizakomeza kwifashishwa mu guhangana n’izindi ndwara zikomeye zirimo nka cancer n’izindi.

Urubuga rwa Twitter rwahagaritse konti y’Umunyamerika w’umushakashatsi mu by’inkingo, Dr. Robert Malone

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages