00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Budage bwahamije ko u Burusiya buteganya gutera NATO

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 February 2024 saa 06:22
Yasuwe :

Minisitiri w’Ingabo w’u Budage, Boris Pistorius, yatangaje ko u Burusiya buteganya gutera umuryango mpuzamahanga w’ubwirinzi wa NATO mu myaka iri hagati y’itanu n’umunani iri imbere.

Ibi yabivugiye mu nama y’umutekano yabereye i Munich mu Budage mu mpera z’icyumweru gishize, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Bloomberg.

Pistorius yagize ati “Ntabwo navuga uko bizaba byagenze n’igihe bizabera ariko igitero ku butaka bwa NATO gishobora kuba. Ariko bishobora kuba mu myaka iri hagati y’itanu n’umunani.”

Guverinoma y’u Budage imaze iminsi igaragariza ibihugu bigize NATO n’uw’Ubumwe bw’Uburayi (EU) ko hashingiwe ku mbaraga u Burusiya bwagaragaje mu ntambara ibera muri Ukraine, bikeneye kongera intwaro n’ikorabuhanga ryabyo mu gisirikare.

Ni mu gihe intwaro ibi bihugu biha Ukraine kuva muri Gashyantare 2022 bigaragara ko nta kinini biyifasha kuko ntizibuza u Burusiya gufata ibice iba yagambiriye.

Iyi guverinoma iherutse kugaragaza ko itewe impungenge n’uko amafaranga USA ishora muri NATO ashobora kugabanyuka mu gihe Donald Trump yazasubira ku butegetsi bw’iki gihugu, bikaba byatuma ubushobozi bwawo bugabanyuka cyane.

Ku ruhande rw’u Burusiya, bwo bugaragaza ko nta gahunda bufite yo gutera NATO, ariko bukaburira ibihugu biwugize ko nibikomeza gufasha Ukraine, bizaba byongera ibyago byo kwagura intambara.

Putin amaze igihe aburira ibihugu bifasha Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages