Iyi ndege yahagurutse mu Budage kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Mutarama, igiye gutwara abaturage bo muri iki gihugu bari batuye mu Bushinwa, kubera icyorezo gikomeje guhitana benshi.
Iyi ndege biteganyijwe ko igomba kubanza guhagarara mu mujyi wa Moscow mu Burusiya, mbere yo gukomeza urugendo rugera mu mujyi wa Frankfurt mu Budage, aho aba baturage bazamara ibyumweru bibiri ku birindiro bya gisirikare.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Budage, Heiko Maas, yashimiye ubufatanye u Bushinwa bukomeje kugaragaza mu guhangana n’iki cyorezo.
Ikinyamakuru Deutsche Welle kivuga ko kugeza ubu mu Budage hamaze kugaragara abaturage 13 banduye Coronavirus, barimo abakozi barindwi, Abashinwa babiri bamaze koherezwa mu gihugu cyabo ngo bakurikiranwe n’abadage batanu.
Umunyamategeko akaba n’inzobere mu bijyanye n’ibyorezo, Karl Lauterbach, yabwiye ikinyamakuru Rheinische Post Daily ko bidakwiye ko abashinwa bari mu Budage bahabwa akato, kuko usanga hari hamwe bahezwa kubera kubakekaho iki cyorezo.
Ati “Ntabwo byemewe ko hari amatsinda amwe n’amwe y’abakerarugendo bo mu Bushinwa bahezwa cyangwa babuzwa kwinjira muri za restaurant.”
Kugeza ubu umujyi wa Wuhan wakomanyirijwe nta ngendo ziri kuwukorwamo, ku buryo byagize ingaruka ku bantu basaga miliyoni 40.
Coronavirus ibaye icyorezo cya Kane, OMS itangaje ko kidasanzwe kandi kireba Isi mu maguru mashya. Ni nyuma ya Swine flu ibicurane by’ingurube byateye mu 2009 biterwa na virus ya H1N1 byakwirakwiye ku Isi bigahitana abarenga ibihumbi 200, imbasa mu 2014 na Virus ya Zika mu 2016 isakazwa n’imibu yo mu bwoko bwa Aedesaegypti, ifite inkomoko mu ishyamba rya Zika muri Uganda.



















TANGA IGITEKEREZO