Ibi abagize Inteko Ishinga Amategeko mu Bufaransa babisabye Guverinoma y’u Bufaransa babinyujije muri raporo bashyize hanze ku wa 11 Nzeri 2025, igaragaza ko imbuga nkoranyambaga ziri mu byangiza ubuzima bwo mu mutwe bw’abana bo muri iki gihugu.
TikTok ni rumwe mu mbuga zaje mu majwi cyane aho bagaragaje ko amashusho akunze gucaho ashobora gukangurira abana kwiyahura cyangwa gukora ibishobora kwangiza ubuzima bwabo n’ibindi bitandukanye.
Umudepite Laure Miller yatangaje ko guhagarika imbuga nkoranyambaga ku bana bakiri bato ndetse no gushyiraho amasaha yabugenewe ku bari hagati y’imyaka 15 na 18, bizereka abana n’ababyeyi ko imbuga nkoranyambaga zangiza ubuzima bw’abana bakiri bato muri iki gihugu.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yagaragaje ko ashyigikiye ko abana bakiri bato ndetse n’ingimbi n’abangavu bashyirirwaho amabwiriza ku bijyanye no gukoresha imbuga nkoranyambaga, kandi ko ari byiza cyane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!