00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa bugiye kugurisha Misiri ubwato bubiri bw’intambara

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 24 September 2015 saa 09:34
Yasuwe :

U Bufaransa bwatangaje ko bugiye kugurisha Misiri ubwato buburi bw’intambara bwari kugurwa n’u Burusiya. Ubu bwato buzagurwa miliyoni 950 z’amayero.

France 24 ivuga ko kuwa 23 Nzeli ari bwo perezida w’u Bufaransa, François Hollande, n’uwa Misiri, Abdel Fattah al-Sissi, bumvikanye ko Misiri igomba kugura ubwo bwato bwari bwakorewe u Burusiya ariko nyuma biza kurangira butabuguze.

François Hollande yavuze ko u Bufaransa buzahomba amwe mu mafaranga yari ateganyijwe kugura ubu bwato kuko mu gihe babukoreraga u Burusiya bwari kuba buhagaze miliyari imwe na miliyoni 200 z’amayero.

U Bufaransa bwanze kugurisha u Burusiya ubu bwato kubera ko bwivanga mu kibazo cya Ukraine.

Nyuma yo kutabugurisha u Burusiya, u Bufaransa bwumvikanye n’ibihugu birenga 10 kugira ngo barebe uwakegukana isoko ryo kubugura; biza kurangira Misiri ariyo iryegukanye ku giciro cya miliyoni 950 z’amayero.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages