Ku wa Gatanu, Ibiro by’Intumwa z’u Bufaransa muri Loni byatangaje ko zicuza ubutumwa zashyize kuri X, zivuga ko Amerika itakiri intangarugero mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko “U Bufaransa na Amerika byafashe imyanzuro itandukanye mu matora aheruka kubera mu Nteko Rusange ya Loni. Kutumvikana kwacu kwarebaga ayo matora gusa, ntikwari kujyanye no kurengera uburenganzira bwa muntu.”
Ryashimangiye ko uko kutumvikana kudashobora guhungabanya umubano w’ibihugu byombi cyangwa kubibuza gukorana mu guteza imbere amahoro n’umutekano.
Amagambo yateje izi mpaka yatangajwe nyuma y’amatora yo ku wa 24 Nyakanga 2026, ubwo Amerika yari mu bihugu 10 byatoye byanga ko manda ya Volker Türk, ukuriye ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu, yongerwa. Intumwa z’u Bufaransa zahise zivuga ko Amerika “yahoze ari intangarugero mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ariko ubu bitakiri uko”.
Washington ntiyishimiye ayo magambo. Nyuma y’iminsi mike, intumwa yayo yasohotse mu nama y’Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro n’Umutekano, ubwo Ambasaderi w’u Bufaransa yari agiye gufata ijambo.
Amerika yanatinze guha uburenganzira Aurélien Lechevallier watoranyijwe na Perezida Emmanuel Macron ngo abe Ambasaderi mushya w’u Bufaransa i Washington. Lechevallier agomba gusimbura Laurent Bili.
Umukozi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yabwiye AFP ko Washington yishimiye itangazo ry’u Bufaransa. Icyakora, ntiharamenyekana niba Lechevallier yamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira inshingano.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!