00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa bwasabye abaturage babwo kuva muri Iran igitaraganya

Yanditswe na Manzi Angelo
Kuya 8 October 2022 saa 06:03
Yasuwe :

Guverinoma y’u Bufaransa yaburiye abaturage bayo baba muri Iran, ibasaba kuva muri iki gihugu vuba na bwangu kuko bashobora gutabwa muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ryasohotse kuri uyu wa Gatanu, ryavuze ko abafaransa bagiye gusura Iran barimo n’abafite ubwenegihugu bubiri bafite ibyago byinshi byo gutabwa muri yombi.

Ubuyobozi bw’u Bufaransa bwavuze kandi ko abafite ibyago barimo n’abagiye muri Iran gukora ubukerarugendo busanzwe.

Buvuga kandi ko ubushobozi bwa Ambasade y’u Bufaransa iri Tehran mu murwa mukuru wa Iran butabasha kurinda umutekano w’abaturage bayo bashobora gutabwa muri yombi.

Iri tangazo rije nyuma y’uko kuwa Kane televiziyo ya Iran itangaje ko abarimu babiri b’Abafaransa Cecile Kohler na Jacques Paris, bahamywa n’ibyaha byo guteza imidugararo mu myigaragambyo y’abarimu yabaye mu ntangiriro z’uyu mwaka. Aba barimu bafashwe muri Gicurasi.

Uyu mugore n’ umugabo bafashwe ubwo muri Irani haberaga imyigaragambyo y’abarimu basabaga ko umushahara wiyongera kandi bagasaba ko bagenzi babo bafunzwe barekurwa.

Kugeza ubu hari abaturage baturuka mu bihugu by’ Uburengerazuba barenga 20 bafungiwe mu gereza ya Iran.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages