00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Hatahuwe umwiyahuzi wa gatatu mu bagabye igitero i Bataclan

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 9 December 2015 saa 11:33
Yasuwe :

Polisi mu gihugu cy’u Bufaransa yemeje ko yamenye umuntu wa nyuma mu bagabye ibitero by’ubwiyahuzi mu Mujyi wa Paris kuwa 13 Ugushyingo 2015 bigahitana abagera ku 130.

Nkuko inzego zishinzwe umutekano zabishyize ahagaragara, Foued Mohamed Aggad w’imyaka 23 uturuka mu Mujyi wa Strasbourg niwe wari umaze igihe kingana hafi n’ukwezi ashakishwa kubera uruhare yagize mu bitero byibasiye u Bufaransa, i Bataclan.

Foued Mohamed Aggad yamenyekanye ubwo yashyiraga amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga ari muri Siriya, cyane cyane ifoto yamamaye imugaragaza afite ibendera rya Islamic State ku rugamba.

Uyu mugabo yashoboye kwinjira mu Bufaransa aciye mu rihumye inzego zishinzwe iperereza. Bivugwa ko ubwo yerekezaga muri Siriya yajyanye n’inshuti ze zigera mu icumi zituruka i Strasbourg mu mwaka wa 2013.

Babiri muri bo bapfuye bageze muri Siriya mu ntambara n’umutwe w’inyeshyamba. Abasigaye bafashe inzira bagaruka mu Bufaransa, kuri ubu bari muri gereza, naho Foued Mohamed ahitamo kuguma muri Siriya.

Foued Mohamed Aggad yari yarashyize iyi foto kuri facebook mu mwaka wa 2014
Abasaga 130 baguye mu bitero by'iterabwoba byo kuwa 13 Ugushying 2015 i Paris

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages