00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Hatangiye kugeragezwa ikoranabuhanga rya Tesla ry’imodoka zitwara

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 September 2026 saa 01:43
Yasuwe :

U Bufaransa bwatangiye kugerageza imodoka ebyiri za Tesla zikoresha ikoranabuhanga rituma zitwara zidakeneye umushoferi, mu rwego rwo gusuzuma niba ubu buryo bushobora kwemerwa ku isoko ry’u Burayi.

Minisitiri w’Ubwikorezi mu Bufaransa, Philippe Tabarot yavuze ko iki gihugu cyatangiye kugerageza izi modoka zikoresha ikoranabuhanga rya Tesla rya Full Self-Driving (FSD), nyuma y’uko u Buholandi nabwo bwatangiye gusuzuma iri koranabuhanga.

Ikoranabuhanga rya FSD ni uburyo bufasha umushoferi gutwara imodoka ntacyo akoze, aho bushobora gufasha mu kwihutisha imodoka, kuyihagarika no kuyiyobora, ariko umushoferi agomba gukomeza kuba maso kandi ashobora gufata icyemezo igihe bibaye ngombwa.

Minisitiri w’Ubwikorezi Philippe Tabarot yavuze ko u Bufaransa bushaka gukora iri suzuma kugira ngo bugenzure amakuru yatanzwe n’u Buholandi ndetse na Tesla, kandi busuzume uko ubwo buryo bukora ku mihanda yo mu Bufaransa.

Ati “Hamwe no kubona imodoka ebyiri za Tesla zifite FSD, twinjiye mu cyiciro gishya cy’igerageza.”

U Bufaransa bwatangaje ko bugomba kureba niba ubwo buryo bushobora gukoreshwa mu gihugu, mu gihe igerageza riteganyijwe gukorwa kugeza mu mpera za Nzeri. Nyuma yaho, igihugu gishobora gufata icyemezo ku buryo bwo gukomeza gahunda mu mezi akurikiraho.

Iri suzuma rije nyuma y’uko u Buholandi butangiye kugerageza ikoranabuhanga rya Tesla mu buryo bw’agateganyo muri Mata, ibintu byatumye ibindi bihugu birimo u Bubiligi, Denmark, Estonia na Lithuania nabyo bitegura gusuzuma uko ubwo buryo bwakoreshwa.

U Bufaransa bwatangiye kugerageza ikoranabuhanga rya Tesla ry'imodoka zitwara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages