Mbere yo gutegura iki gisasu polisi yasabye abantu batuye mu ntera ya metero 450 kuba bavuye mu byabo kugira ngo hirindwe ko gahunda yo gutegura icyo gisasu yagenda nabi kikagira abo ihitana.
Polisi yateguye iki gisasu ku wa 19 Mata 2027, aho abaturage basabwe kuba bahunze ko icyo gisasu bagahungira mu ntera ya metero 900 nibura ndetse nabwo bakaguma mu nzu.
Iki gisasu cyabonetse ku wa 10 Mata 2026 ahakorerwaga ibikorwa by’ubwubatsi. Abakozi bakibonye bahise bamenyesha inzego z’umutekano.
Polisi yagaragaje ko kugitegura mu buryo busanzwe byananiranye bakoresha uburyo bwo kugituritsa ariko mu buryo kitagira icyo cyangiza.
Nyuma yo gutegura icyo gisasu abari basabwe kuva mu byabo bahise bamenyeshwa ko noneho bagaruka.
Hashize imyaka irenga 81 intambara ya kabiri y’Isi irangiye ariko hirya no hino mu Burayi haracyaboneka ibisasu byo mu ntambara ya Kabiri y’Isi byari byaratezwe.
Ibyinshi bikunze kuboneka ahari gukorerwa imirimo y’ubwubatsi ibishyira mu kaga abantu bahatuye kuko kitabonetse kare gishobora guhitana abantu benshi.
Muri Werurwe 2025 mu Bufaransa habonetse ikindi gisasu gipima ibilo 500, aho cyabonetse aharimo hubakwa ikiraro ariko na cyo gitegurwa ntawe gihitanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!