00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Macron yasabye ko ingengo y’imari y’igisirikare yongerwa

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 15 July 2025 saa 10:48
Yasuwe :

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasabye ko hongerwa ingengo y’imari y’igisirikare avuga ko igihugu cye gikeneye kongera imbaraga mu nganda z’intwaro nyuma y’intambara y’u Burusiya na Ukraine.

Ibi yabitangarije mu nama y’inganda z’intwaro ya Eurosatory, aho yagaragaje ko u Burayi bukwiye kugira inganda za gisirikare nini cyane kugira ngo butazongera kwishingikiriza ku bindi bihugu.

Ati “Ntidukwiye kongera amakosa y’ahashize, gutanga amafaranga menshi tugura ibintu hanze si igitekerezo cyiza.”

Macron yavuze ko u Bufaransa kuri ubu buri mu ntambara y’ubukungu izamara igihe kirekire, bityo asaba guhindura gahunda y’ingengo y’imari izageza mu 2025, kugira ngo ibashe guhangana n’ihindagurika rya politiki mpuzamahanga.

Mbere y’intambara ya Ukraine n’u Burusiya, u Bufaransa bwari bwatangiye kongera ishoramari mu gisirikare aho kuva mu 2017 kugeza mu 2025, ingengo y’imari yageze kuri miliyari 41 z’Amayero. Biteganyijwe kandi ko izagera kuri miliyari 50 mu myaka ibiri iri imbere.

Perezida Macron yasabye ko hongerwa ingengo y’imari y’igisirikare ikagera kuri miliyari 50 z'Amayero mu 2027

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages