00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Marine Le Pen yategetswe kwishyura amafaranga Se yanyereje muri EU

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 17 July 2025 saa 02:35
Yasuwe :

Urukiko Rukuru rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, rwategetse Marine Le Pen n’abavandimwe be babiri, kwishyura amafaranga arenga ibihumbi 350$ yanyerejwe na Se, Jean Marie Le Pen, ubwo yari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’uyu muryango.

Ku wa 16 Nyakanga 2025, nibwo ibi byatangajwe n’uru rukiko rwa EU ruherereye i Luxembourg.

Mu 2024, ni bwo Inteko Ishinga Amategeko ya EU yatangaje ko uyu mugabo ubwo yari umudepite wayo kuva mu 1989 kugeza mu 2019 yanyereje amafaranga yari agenewe ibikorwa bindi bitandukanye we akayakoresha mu nyungu ze ndetse yahise asabwa kuyishyura.

Ibintu yamaganiye kure ariko mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025 yaje gupfa ndetse abakobwa be bahise bakomeza kuburana urwo rubanza rwo kurenganura Se.

Le Pen ni we washinze ishyaka RN (Rassemblement National) ndetse yagiye yumvikana akenshi arwanya politiki ya EU yo kwihuza kubera ko we yavugaga ko u Bufaransa bukwiriye kuguma bwigenga, budakwiriye kugengwa n’amategeko y’uyu muryango.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko umukobwa we usanzwe ari n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa, Marine Le Pen, ahamijwe ibyaha byo kunyereza umutungo arakatirwa ndetse yamburwa uburenganzira bwo kwiyamamariza ubutegetsi mu gihe cy’imyaka itanu, nubwo yahise ajuririra iki cyemezo.

Marine Le Pen yategetswe kwishyura amafaranga Se yanyereje muri EU

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages