00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Umubare w’abagabo bifungisha urubyaro burundu ukomeje gutumbagira

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 18 February 2024 saa 06:52
Yasuwe :

Umubare w’abagabo bo mu Bufaransa bakoresha uburyo bwo kwifungisha urubyaro mu buryo bwa burundu ibizwi nka ‘vasectomy’, ukomeje kwiyongera, kuko bavuye kuri 1940 mu 2010 bagera kuri 30288 mu 2022.

Iyi mibare yashyizwe hanze n’inzego z’ubuzima mu Bufaransa igaragaza ko uburyo bwo kwifungisha urubyaro mu buryo bwa burundu buri kuzamuka cyane mu bagabo bakiri bato.

Ubu buryo bukorwa hafungwa imiyoboro inyuramo intangabo bituma uwabukoresheje atongera kubyara. Iri zamuka riteye impugenge kuko bishobora gutuma umubare w’abaturage ugabanuka.

Inzego z’ubuzima mu Bufaransa zivuga ko iyi mibare y’abagabo bifungisha burundu iri hejuru y’iy’abagore bakoresha ubu buryo bwo kuringaniza urubyaro.

Zikomeza zivuga ko kuzamuka k’umubare w’abagabo bifungisha burundu kwatewe n’uko Benshi bamaze kumva uruhare rwo kuringaniza urubyaro, bitandukanye n’uko mbere bumvaga ko ari inshingano z’umugore.

Nubwo umubare w’abagabo bitabira ubu buryo bwo kuringaniza urubyaro wazamutse mu Bufaransa, haracyari urugendo kuko ababukoresha bangana na 0,15% by’ab’igitsina gabo bose bari munsi y’imyaka 70 muri iki gihugu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages